Indirimbo 6

12 verses

Indirimbo 6:1

Umukunzi wawe yagiye he, Yewe wa mugore we, w'indatwa mu bagore? Umukunzi wawe yerekeye he, Kugira ngo tumushakane nawe? Umugeni:

Indirimbo 6:2

Umukunzi wanjye yamanutse ajya mu murima we, Mu turima tw'imibavu, Kuragira mu murima, No guca uburabyo bw'imyangange.

Indirimbo 6:3

Ndi uw'umukunzi wanjye, Umukunzi wanjye na we ni uwanjye, Aragirira umukumbi we mu myangange. Umukwe:

Indirimbo 6:4

Mukunzi wanjye, uri mwiza nka Tirusa, Urarimba nk'i Yerusalemu, Uteye ubwoba nk'igitero cy'ingabo zigendana ibendera.

Indirimbo 6:5

Unkureho amaso yawe, Kuko binzonga. Umusatsi wawe umeze nk'umukumbi w'ihene, Ziryamye mu ibanga ry'i Galeyadi.

Indirimbo 6:6

Amenyo yawe yera nk'umukumbi w'intama zivuye kuhagirwa, Zose zigenda zikurikirwa n'impanga zazo, Ntihagira n'imwe ipfusha.

Indirimbo 6:7

Mu misaya yawe hameze nk'igisate cy'ikomamanga, Hagati y'imishunzi yawe.

Indirimbo 6:8

Hariho abamikazi mirongo itandatu, N'inshoreke mirongo inani, N'abakobwa batabarika.

Indirimbo 6:9

Ariko inuma yanjye naciye akayonga ni we gusa, Ni ikinege cya nyina, Ni umutoni w'uwamubyaye. Abakobwa iyo bamubonye bamwita Uwahiriwe, Ndetse abamikazi n'inshoreke na bo baramusingiza. Abakobwa:

Indirimbo 6:10

Uyu ni nde utungutse umeze nk'umuseke utambitse? Ni mwiza nk'ukwezi, Arabagirana nk'ikizubazuba, Ateye ubwoba nk'igitero cy'ingabo zigendana ibendera. Umugeni:

Indirimbo 6:11

Naramanutse njya mu murima w'imijozi, Kureba imbuto zashibutse mu kibaya, Kureba ko umuzabibu upfunditse udupfundo, N'imikomamanga ko irabije.

Indirimbo 6:12

Ntarabimenya, Umutima wanjye wangejeje mu magare y'intambara, Y'ubwoko bwanjye bw'imfura. Abakobwa: