Ezekiyeli 11

25 verses

Ezekiyeli 11:1

Nuko Umwuka yongera kunterura anjyana ku irembo ry'inzu y'Uwiteka ryerekeye iburasirazuba. Nuko mbona abantu makumyabiri na batanu ku rugi rw'irembo, maze mbabonamo Yāzaniya mwene Azuri na Pelatiya mwene Benaya, ibikomangoma by'ubwoko.

Ezekiyeli 11:2

Maze arambwira ati “Mwana w'umuntu, abo ni abantu bagambirira ibibi, kandi bakagira abo muri uyu murwa inama mbi

Ezekiyeli 11:3

bavuga bati ‘Mbese igihe cyo kubaka amazu nticyegereje? Uyu murwa ni inkono ivuga, natwe turi inyama.’

Ezekiyeli 11:4

Nuko rero ubahanurire ibibi mwana w'umuntu, uhanure.”

Ezekiyeli 11:5

Maze Umwuka w'Uwiteka anzaho arambwira, ati “Vuga uti ‘Uwiteka yavuze ngo ibyo ni byo mwavuze mwa b'inzu ya Isirayeli mwe, kuko nzi ibyo mwibwira.

Ezekiyeli 11:6

Mwakabije kwica abantu banyu muri uyu murwa, inzira zaho muzigwizamo intumbi.’

Ezekiyeli 11:7

“Ni cyo gituma Umwami Uwiteka avuga ati ‘Abanyu mwishe mugahirika intumbi muri uyu murwa ni bo nyama, na wo uyu murwa ni wo nkono ivuga, ariko mweho muzawusohorwamo.

Ezekiyeli 11:8

Mwatinye inkota ariko nzabagabiza inkota, byavuzwe n'Umwami Uwiteka.

Ezekiyeli 11:9

Kandi nzawubasohoramo mbatange mu maboko y'abanyamahanga, maze mbashyireho ibihano.

Ezekiyeli 11:10

Muzagushwa n'inkota, nzabacira urubanza ndi mu rugabano rwa Isirayeli, kandi muzamenya yuko ndi Uwiteka.

Ezekiyeli 11:11

Uyu murwa ntuzababera inkono ivuga, kandi namwe ntimuzaba inyama zo muri yo, nzabacira urubanza ndi mu rugabano rwa Isirayeli, namwe muzamenya yuko ndi Uwiteka

Ezekiyeli 11:12

kuko mutagendeye mu mategeko yanjye ntimusohoze n'amateka yanjye, ahubwo mwakurikije amategeko y'abanyamahanga babakikijeho.’ ”

Ezekiyeli 11:13

Nuko ngihanura, Pelatiya mwene Benaya aherako arapfa. Maze nikubita hasi nubamye ntera ijwi hejuru nti “Ayii Mwami Uwiteka! Mbese ugiye gutsembaho rwose abasigaye ba Isirayeli?”

Ezekiyeli 11:14

Maze ijambo ry'Uwiteka rinzaho riti

Ezekiyeli 11:15

“Mwana w'umuntu, bene wanyu muva inda imwe n'inzu yose ya Isirayeli, abo bose ni bo abaturage b'i Yerusalemu babwiye bati ‘Nimwimūre Uwiteka, ni twe twahawe iki gihugu ho umwandu.’

Ezekiyeli 11:16

“Nuko rero uvuge uti ‘Uku ni ko Umwami Uwiteka avuze ngo: Ubwo nabimuriye kure mu banyamahanga, nkabatataniriza mu bihugu byose, ariko nzamara umwanya muto mbabereye ubuturo bwera mu bihugu batataniyemo.’

Ezekiyeli 11:17

“Noneho uvuge uti ‘Uku ni ko Umwami Uwiteka avuze ngo: Nzabakoranya mbavane mu mahanga, kandi mbateranirize hamwe mbakuye mu bihugu aho mwari mwaratataniye, maze mbahe igihugu cya Isirayeli.

Ezekiyeli 11:18

Kandi bazahaza bahakure ibintu byabo bishishana byose, n'ibizira byaho byose.

Ezekiyeli 11:19

Nanjye nzabaha umutima uhuye kandi mbashyiremo umwuka mushya, umutima w'ibuye nzawukura mu mubiri wabo mbahe umutima woroshye,

Ezekiyeli 11:20

kugira ngo bagendere mu mategeko yanjye, bakomeze amateka yanjye kandi bayasohoze, na bo bazaba ubwoko bwanjye nanjye mbe Imana yabo.

Ezekiyeli 11:21

Ariko abo bafite umutima ukurikira ibyabo nanga urunuka n'ibizira byabo, iyo nzira yabo mbi nzayibagereka ku mutwe.’ ” Ni ko Umwami Uwiteka avuga.

Ezekiyeli 11:22

Maze abakerubi barambura amababa yabo, n'inziga zari iruhande rwabo; kandi ubwiza bw'Imana ya Isirayeli buri hejuru yabo.

Ezekiyeli 11:23

Nuko ubwiza bw'Uwiteka burazamuka buva mu murwa hagati, buhagarara ku musozi uri mu ruhande rw'iburasirazuba rw'umurwa.

Ezekiyeli 11:24

Maze Umwuka aranterura anjyana mu Bukaludaya ku bajyanywe ari imbohe, ndi mu iyerekwa ku bw'Umwuka w'Imana. Maze iyerekwa nabonye riherako rimvaho.

Ezekiyeli 11:25

Nuko mbwira abajyanywe ari imbohe ibyo neretswe n'Uwiteka byose.