Ezekiyeli 24

27 verses

Ezekiyeli 24:1

Nuko mu mwaka wa cyenda, mu kwezi kwa cumi ku munsi wa cumi w'uko kwezi, ijambo ry'Uwiteka rinzaho riti

Ezekiyeli 24:2

“Mwana w'umuntu, wiyandikire umunsi ari wo uyu munsi, kuko uyu munsi umwami w'i Babuloni ageze hafi y'i Yerusalemu.

Ezekiyeli 24:3

Kandi ucire inzu y'abagome umugani ubabwire uti ‘Uku ni ko Umwami Uwiteka avuga ngo: Ushyigikire inkono ivuga, uyishyigikire maze uyisukemo amazi,

Ezekiyeli 24:4

uyiteranyirizemo ibice by'inyama ndetse n'umuhore wose, ukuguru n'ukuboko, uyuzuzemo amagufwa meza yose.

Ezekiyeli 24:5

Wende inziza cyane yo mu mukumbi, wenyegeze inkwi munsi y'inkono ivuga zitume ibira cyane, kugira ngo amagufwa ayirimo ashye.

Ezekiyeli 24:6

“ ‘Ni cyo gituma Umwami Uwiteka avuga ati: Umurwa uvusha amaraso uzabona ishyano, inkono ivuga irimo ingese, ingese yayo itayivuyemo! Uyaruremo intongo imwe imwe utabifindiye,

Ezekiyeli 24:7

kuko amaraso yawo awurimo. Yayashyize ku rutare ruriho ubusa, ntabwo yayasutse ku butaka ngo atwikirwe n'umukungugu.

Ezekiyeli 24:8

“ ‘Amaraso yawo nayashyize ku rutare ruriho ubusa kugira ngo adatwikirwa, kugira ngo abyutse uburakari buhōra.

Ezekiyeli 24:9

“ ‘Ni cyo gituma Umwami Uwiteka avuga ati: Umurwa uvusha amaraso uzabona ishyano! Nanjye nzatuma ikirundo cy'inkwi kiba kinini.

Ezekiyeli 24:10

Enyegezamo inkwi, kongeza umuriro, hisha inyama neza, ukomeze umufa kandi amagufwa atwikwe.

Ezekiyeli 24:11

Maze uyitereke ku makara y'umuriro irimo ubusa kugira ngo ishyuhe cyane, umuringa wo kuri yo ushye kandi umwanda uyirimo ushonge, ingese yayo ibone gushiramo.

Ezekiyeli 24:12

Yinanije umuruho nyamara ingese yayo nyinshi ntabwo yayivuyemo, ingese yayo ntimarwaho n'umuriro.

Ezekiyeli 24:13

Imyanda yawe irimo ubusambanyi kuko nakuboneje ntubonere, ntabwo uzongera gukurwaho imyanda yawe ukundi, kugeza ubwo nzakurangirizaho uburakari bwanjye.

Ezekiyeli 24:14

Ni jye Uwiteka wabivuze, bizasohora kandi ni jye uzabikora. Ntabwo nzigarura kandi sinzagira ibambe, habe no kubyicuza. Uko inzira zawe ziri n'imigirire yawe uko iri, ni ko bazagucira urubanza.’ ” Ni ko Umwami Uwiteka avuga.

Ezekiyeli 24:15

Nuko ijambo ry'Uwiteka rinzaho riti

Ezekiyeli 24:16

“Mwana w'umuntu, dore ngiye kukunyaga icyo wahozagaho amaso bigutunguye, ariko ntuzaboroge, ntuzarire kandi amarira ntazagutembe mu maso.

Ezekiyeli 24:17

Uzanihe ariko bucece, we kuborogera upfuye, wizungurize igitambaro ku mutwe kandi ukwete inkweto zawe, we kwipfuka ku munwa kandi we kurya ibyokurya by'abapfushije.”

Ezekiyeli 24:18

Nuko mu gitondo mvuganye n'abantu, nimugoroba umugore wanjye arapfa, maze bukeye ngenza uko nategetswe.

Ezekiyeli 24:19

Maze rubanda barambaza bati “Mbese ntiwadusobanurira icyo ibyo bintu bidusūrira, bituma ugenza utyo?”

Ezekiyeli 24:20

Maze ndababwira nti “Ijambo ry'Uwiteka ryanjeho riti

Ezekiyeli 24:21

‘Bwira inzu ya Isirayeli uti: Uku ni ko Umwami Uwiteka avuga ngo: Dore ngiye kuzirura ubuturo bwanjye bwera mwishimanaga yuko ari bwo bugaragaza ububasha bwanyu, ari bwo mwahozagaho amaso, ibyo ubugingo bwanyu bugirira ibambe, abahungu banyu n'abakobwa banyu mwasize bazagushwa n'inkota.

Ezekiyeli 24:22

Namwe muzagenza nk'uko nagenje, ntabwo muzipfuka ku munwa cyangwa ngo murye ibyokurya by'abapfushije.

Ezekiyeli 24:23

Ibitambaro byanyu bizazungurizwa ku mitwe yanyu, n'inkweto zanyu muzazambara mu birenge byanyu. Ntabwo muzaboroga cyangwa ngo murire, ahubwo muzasogobwa n'ibibi byanyu, umuntu wese anihanihire hamwe na mugenzi we.

Ezekiyeli 24:24

Uko ni ko Ezekiyeli azababera ikimenyetso, uko yakoze kose namwe muzabe ari ko mukora, igihe ibyo bizaba muzamenya yuko ndi Uwiteka.’

Ezekiyeli 24:25

“Nawe mwana w'umuntu, muri uwo munsi nzabakuraho ububasha bwabo n'umunezero w'icyubahiro cyabo, ibyo bahozagaho amaso n'iby'inkoramutima na byo, ari byo bahungu babo n'abakobwa babo.

Ezekiyeli 24:26

Mbese uwo munsi uzarokoka wese ntazaza aho uri, akabikumvisha mu matwi yawe?

Ezekiyeli 24:27

Uwo munsi akanwa kawe kazabumburirwa uwarokotse, maze uvuge we kuzongera kuba ikiragi ukundi. Uko ni ko uzababera ikimenyetso maze na bo bamenye yuko ndi Uwiteka.”