Ezekiyeli 30

26 verses

Ezekiyeli 30:1

Ijambo ry'Uwiteka ryongera kunzaho riti

Ezekiyeli 30:2

“Mwana w'umuntu, uhanure kandi uvuge uti ‘Nimwumve uko Umwami Uwiteka avuga ngo: Nimuboroge, uwo munsi uzabona ishyano!

Ezekiyeli 30:3

Kuko umunsi ugeze bugufi, ni ukuri umunsi w'Uwiteka uri hafi, uzaba umunsi w'ibicu, ube igihe cy'abanyamahanga.

Ezekiyeli 30:4

Inkota izagwira muri Egiputa, kandi umubabaro uzaba muri Etiyopiya igihe abasogoswe bazagwa muri Egiputa, bazajyana n'abantu babo n'imfatiro zaho zisenywe.

Ezekiyeli 30:5

“ ‘Etiyopiya na Puti na Ludi n'abantu b'uruvange bose, na Kubi n'abo mu gihugu gifatanije na yo, bazagwa hamwe na bo bishwe n'inkota.

Ezekiyeli 30:6

“ ‘Uku ni ko Uwiteka avuga ngo: Abahagarikiye Egiputa na bo bazagwa, kandi ubwibone bw'ububasha bwabo buzacishwa bugufi, bazagushwa n'inkota uhereye ku munara w'i Sevene. Byavuzwe n'Umwami Uwiteka.

Ezekiyeli 30:7

Bazasigara mu misaka hagati y'ibihugu byahindutse amatongo, n'imidugudu yaho izaba hagati y'iyindi midugudu yasenyutse.

Ezekiyeli 30:8

Bazamenya yuko ndi Uwiteka, igihe nzaba maze gukongeza umuriro muri Egiputa, abafasha baho bose barimbutse.

Ezekiyeli 30:9

“ ‘Uwo munsi intumwa zizamva imbere zijyanwa n'inkuge zijya gutera ubwoba Abanyetiyopiya biraye, bazafatwa n'umubabaro nko mu munsi wo muri Egiputa, kandi uwo munsi uraje.

Ezekiyeli 30:10

“ ‘Uku ni ko Umwami Uwiteka avuga ngo: Nzamaraho abantu bo muri Egiputa, bamarwe n'amaboko ya Nebukadinezari umwami w'i Babuloni.

Ezekiyeli 30:11

We n'ingabo ze ziri kumwe na we zitera amahanga ubwoba, bazazanwa no kurimbura igihugu kandi bazuhira Egiputa inkota zabo, maze igihugu bacyuzuzemo imirambo.

Ezekiyeli 30:12

Imigezi nzayikamya igihugu ngitange mu maboko y'abantu babi, kandi igihugu n'ibikirimo byose nzagihindurisha amatongo ukuboko kw'abanyamahanga. Ni jye Uwiteka wabivuze.

Ezekiyeli 30:13

“ ‘Uku ni ko Umwami Uwiteka avuga ngo: Ibigirwamana na byo nzabirimbura kandi nzatsemba ibishushanyo muri Nofu, nta gikomangoma kizongera kuva mu gihugu cya Egiputa, kandi igihugu cya Egiputa nzagishyiramo ibiteye ubwoba.

Ezekiyeli 30:14

I Patirosi nzahahindura amatongo, nkongeze umuriro muri Sowani, na ho kuri No mpacireho iteka.

Ezekiyeli 30:15

Nzasuka uburakari bwanjye kuri Sini igihome cyo muri Egiputa, kandi abantu bo kuri No nzabatsemba.

Ezekiyeli 30:16

Nzakongeza umuriro muri Egiputa, i Sini hazagira umubabaro ukomeye kandi kuri No hazubikwa, na ho i Nofu hazaterwa n'ababisha ku manywa.

Ezekiyeli 30:17

Abasore bo muri Aveni n'ab'i Pibeseti bazagushwa n'inkota, kandi abo muri iyo midugudu bazajyanwa ari imbohe.

Ezekiyeli 30:18

I Tehafenehesi na ho hazaba ubwirakabiri igihe nzahakuraho uburetwa bwa Egiputa, kandi ubwibone bw'ububasha bwaho buzahashira. Igicu kizahatwikira, na bo abakobwa babo bazajyanwa ari abanyagano.

Ezekiyeli 30:19

Uko ni ko nzashyira ibihano kuri Egiputa, maze bazamenye yuko ndi Uwiteka.’ ”

Ezekiyeli 30:20

Nuko mu mwaka wa cumi n'umwe, mu kwezi kwa mbere ku munsi wa karindwi w'uko kwezi, ijambo ry'Uwiteka rinzaho riti

Ezekiyeli 30:21

“Mwana w'umuntu, navunnye ukuboko kwa Farawo umwami wa Egiputa, kandi dore ntabwo kwapfutswe ngo gushyirweho umuti, ntikwashyizweho igitambaro kugira ngo kubone imbaraga zo gukomeza inkota.

Ezekiyeli 30:22

Ni cyo gituma Umwami Uwiteka avuga ati ‘Dore nibasiye Farawo umwami wa Egiputa, nzamuvuna amaboko yombi, uko nabanje kuvuna mvune n'ugusigaye kugikomeye, kandi inkota iri mu kuboko kwe nzayigusha hasi.

Ezekiyeli 30:23

Abanyegiputa nzabatataniriza mu mahanga, mbateragane mu bihugu.

Ezekiyeli 30:24

Amaboko y'umwami w'i Babuloni nzayakomeza inkota yanjye nyishyire mu kuboko kwe, ariko Farawo we nzamuvuna amaboko, azanihira imbere ye ameze nk'uwakomeretse uruguma rwica.

Ezekiyeli 30:25

Kandi amaboko y'umwami w'i Babuloni nzayakomeza, na yo amaboko ya Farawo azatentebuka maze bazamenye yuko ndi Uwiteka, igihe nzashyira inkota yanjye mu kuboko k'umwami w'i Babuloni akayuhira igihugu cya Egiputa.

Ezekiyeli 30:26

Kandi Abanyegiputa nzabatataniriza mu mahanga, mbateragane mu bihugu maze bazamenye yuko ndi Uwiteka.’ ”